Kigali, Rwanda
UPDATES
Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00   •   Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00
AS Muhanga yanganyije na Police FC mu mukino wakinwe iminsi ibiri

AS Muhanga yanganyije na Police FC mu mukino wakinwe iminsi ibiri

Nyuma y’aho umukino wo ku munsi wa 22 wahuzaga AS Muhanga na Police FC usubitswe kubera imvura yaguye ku wa 28 Gashyantare 2026, amazi akuzura mu kibuga cya Stade ya Muhanga maze umusifuzi agahagarika umukino, wasubukuwe kuri iki cyumweru ikipe zombi zanganyije igitego 1-1.

 

Uyu mukino wasubitswe bamaze gukina iminota 30 nk’uko biteganywa n’amategeko agenga Rwanda Premier League yemeza ko uwo mukino ukinwa ku munsi ukurikira hagakinwa iminota yari isigaye, abakinnyi bari mu kibuga n'abasifuzi b’umukino bagakomeza kuba babandi.

 

Mu minota 30 yakinwe ku wa Gatandatu ikipe ya AS Muhanga yihariye umukino kugera aho ku munota wa 4 yaje gutsinda igitego umusifuzi wo ku ruhande asifura kurarira.

 

Ku munota wa 16 nibwo umukinnyi wo hagati wa AS Muhanga, Twizerimana Martin Fabrice yarekuye ishoti rikomeye mu izamu rya Police FC, umunyezamu ntiyabasha kuwugarura igitego cya AS Muhanga kiba kirinjiye.




Ku munota wa 27 ikipe ya Police FC yabonye amahirwe ku mupira w'umurengurano maze rutahizamu wayo Police Rudasingwa Prince ntiyabasha gutera mu izamu ryari ririnzwe na Hategekimana Bonheur.

 

Ku munota wa 30 nibwo umusifuzi yabonye ko ikibuga kitarimo gutuma umukino ugenda  kubera imvura nyinshineza afata umwanzuro wo guhagarika umukino bajya mu rwambariro ariko baza nyuma y'iminota 38 bahagaritse umukino bagarutse basanga hari abarimo gukuramo amazi ariko bemeza ko usubitswe kuko babonaga umupira utagenda.

 

 Ku munsi wa kabiri hakinwe iminota 60 yari isigaye.

 

Ku cyumweru hakinwe iminota 60, umukino ukaba waratangiye saa 14:55 umupira utangizwa n’ikipe ya AS Muhanga irengura ari na ko Police FC ishaka amahirwe yo kwishyura igitego yatsinzwe ku munsi wa 16 w'umukino.

 

Ku munota wa 55 Police Fc yazamukanye umupira bawuha Richard Kilongozi ntiyabasha kuwugeraho. Iminota 15 yasigaye ku gice cya mbere cy'umukino yarangiye bongeraho umunota umwe ntibyishimirwa n'abatoza ba Police baranabigaragaza.

 

Mu gice cya kabiri cy'umukino cyatangiye ikipe ya AS Muhanga yasubiye inyuma bituma abashyitsi bakinira mu kibuga cya AS Muhanga. Ku munota wa 48 Ekesoni Ekorie wa Police FC yabonye amahirwe awutera n’umutwe uca hejuru y'izamu.

 

Ku munota wa 51 habonetse uburyo ku mupira watewe na Udahemuka Jean de Dieu wa Police FC, bwagombaga kuvamo igitego ariko umunyezamu wa AS Muhanga Hategekimana Bonheur awukubita ibiganza.


Ku munota wa 56 Police FC ni bwo yabonye igitego cyaturutse ku mupira w'umuterekano watewe na Udahemuka Jean de Dieu ujya mu izamu nta muntu ukozeho.


Police Fc yahise ikora impinduka Rudasingwa Prince atanga Iradukunda Simeon  ari nako Police yakomezaga gukinira mu kibuga cy'ikipe ya AS Muhanga.



 

Ku munota wa 64 AS Muhanga byagaragaraga ko irimo gukinira inyuma cyane yahise izamuka itangira gukina yongera kurusha Police FC ndetse bose bakajya banahusha uburyo bugaragara.

Ku munota wa 66, AS Muhanga yakoze impinduka yinjiza Samuel Gedeon hasohoka  Telesphore Niyonizeye.


Ku munota wa 80 ikipe ya Police FC yabonye amahirwe Richard Kilongozi umupira awuha Ani Elijah ateye ishoti awutera hanze y'izamu. Ku munota wa 84 ikipe ya AS Muhanga yakomeje kurusha Police FC inakomeza kugerageza amahirwe yo gutsinda igitego ariko biranga ari naho umukinnyi wa Police David Shimeze yaje gukurura rutahizamu wa AS Muhanga Jeremi Basilua abona ikarita y'umuhondo.


Umukino waje kongerwaho iminota ine itagize icyo ihindura zigabana amaonta ku gitego 1-1.

Related News