Wari umukino w'umunsi wa 23 wa Rwanda Premier League, ikipe y'Amagaju FC yari yakiriye ikipe ya Gorilla FC.
Mbere y'uyu mukino, ikipe ya Amagaju yari iri ku mwanya wa 17 n'amanota 18, naho Gorilla FC yari ku mwanya wa 14 n'amanota 22.
Umukino watangiye saa 15h00 kuri Stade ya Kamena.
Mu minota itanu ya mbere, Gorilla FC yihariye umupira ariko igorwa no kumenera mu bwugarizi bwa Amagaju FC.
Ku munota wa 14 Nimubona Eddy yatsinze igitego cya mbere cya Amagaju FC, ku mupira mwiza wari uturutse ku ruhande rw'iburyo watanzwe na Abdel Matumona Wakonda maze Nimubona Eddy asiga ba myugariro ba Gorilla FC yisanga ari kumwe n'umuzamu wa Gorilla ahita atsinda igitego cya mbere.
Ku munota wa 35 Gorilla FC yazamukanye umupira, Kanamugire Roger ateye ishoti umuzamu Clement awukuramo usanga Mosengo Tanselle bamukoreraho ikosa hanze y'urubuga rw'Amahina.
Ni umupira watewe neza na Chancellor Ndongo Mengwe maze umupira ugonga umutambiko usanga Kanamugire Roger ahagaze neza ahita atsinda igitego cyo kwishyura.
Nyuma yo kwishyura igitego, ikipe ya Gorilla yakomeje gusatira Amagaju FC biciye mu bakinnyi bayo bakina hagati basatira barimo Tanselle Mosengo, Kanamugire Roger, na ba rutahizamu Chancellor Ndongo Mengwe na Khalifa Traore.
Iminota 45 yarangiye ari igitego 1-1, hongerwaho iminota ibiri itaje kubyara umusaruro.
Amagaju FC yatangiranye impinduka ebyiri mu gice cya kabiri, Habineza Alphonse na Iradukunda Daniel basohotse mu kibuga hinjiramo Ndayishimiye Edouard na Rwema Amza.
Amagaju FC yatangiranye imbaraga igice cya kabiri, kumunota wa 49 Malanda Destin yagerageje gutungura umunyezamu ariko umupira uca hanze y'izamu.
Ku munota wa 51 Chancellor Ndongo Mengwe yazamukanye umupira maze ba myugariro ba Amagaju FC bawushyira muri corner gusa Gorilla FC ntiyawubyaza umusaruro.
Ku munota wa 72 Amagaju FC yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Ndayishimiye Edouard ku mupira mwiza yari ahawe na Twizeyimana Innocent.
Ku munota wa 77 Gorilla FC yinjijemo Ruhumuriza Patrick na Karenzo Alex havamo Mercy Ikena Duru na Irakoze Darcy.
Ku munota wa 88, Chancellor Ndongo Mengwe wagoye cyane Amagaju FC, yateye ishoti riremereye I nyuma y'urubuga rw'amahina umupira ugonga igiti cy'izamu.
Iminota 90 yarangiye ari 2 by'Amagaju kuri 1 cya Gorilla. Umusifuzi wa 4 yongereyeho iminota 4.
Umukino warangiye ari ibitego bibiri bya Amagaju FC kuri kimwe cya Gorilla FC.
Uyu yari umukino wa mbere ikipe y'Amagaju atsindiye mu rugo muri uyu mwaka.
Amagaju FC yafashe umwanya wa 15 n'amanota 21, irakurikizaho Al Hila SC.
Gorilla FC yafashe umwanya wa 14 n'amanota 22 irakurikizaho Marines FC.