APR FC yatsinze Amagaju FC igitego 1-0, yisubiza umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona.
Wari umukino ubimburira iyindi y’umunsi wa 25 wa shampiyona, kuko indi izaba kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru.
Ni umukino watangiye ku isaha ya 18:00 ubera kuri Kigali Pele Stadium.
Amagaju FC yatangiye umukino ishaka gutanga APR FC igitego binyuze kuri rutahizamu wayo Habineza Alphonse waruri gucaracara imbere y’izamu rya Hakizimana Adolphe.
Ntabwo ibi byaje kubahira kuko ku munota wa 15, gusa APR FC yaje gutsinda igitego cyatsinzwe na Djibril Ouattara ku mupira yari ahawe na Mamel Dao.
Amagaju yagerageje kwishyura ku mipira yari Habineza Alphonse gusa umunyezamu wa APR FC amubera ibamba.
Kugera ku munota wa 25 Amagaju FC yari akirimo kugerageza ariko aza gucika intege, bituma iminota yari isigaye y’igice cya mbere APR FC iyobora umukino.
Igice cya mbere cyarangiye APR FC iyoboye umukino n’igitego kimwe ku busa, ndetse iri gukina neza kurusha umushyitsi.

Igice cya kabiri, Amagaju FC yagitangiye ikora impinduka, aho kapiteni wayo Dusabe Jean Claude yavuye mu kibuga hinjiramo rutahizamu Bi Marc Olivier wari uje gushaka bitego.
Amagaju FC yaje mu gice cya kabiri ashaka igitego ndetse yiharira umupira kurusha APR FC wabonaga ikina yizeye igitego yatsinze.
Ku munota wa 70, APR FC yakoze impinduka z’abakinnyi 2, Mamel Dao na Rubona Jean Bosco, hinjiramo Kiwanuka na Mugisha Gilbert.
Ibi ntabwo byakuyeho ko Amagaju FC akomeza kurusha APR FC guhererekanya no gushaka igitego, gusa uburyo bwa nyuma bukanga.
Ku munota wa 78 Amagaju FC yakoze izindi mpinduka Ndayishimiye Edouard na Kambanda Emmanuel bava mu kibuga, hinjira Bizimungu Yunussu na Sebagenzi ariko igitego gikomeza kubura.
Iminota 90 y’umukino yarangiye ari igitego kimwe ku busa, umusifuzi yongeraho iminota 5 nabwo nti hagira impinduka ziba, umukino urangira ari igitego 1-0.

.jpeg)
APR FC yahise yisubiza umwanya wa mbere y’amanota 49, aho irusha inota rimwe Al Merrikh. Amagaju ari ku mwanya wa 17 n’amanota 21, aho irusha inota rimwe Rutsiro FC iri ku mwanya wa 18 n’amanota 20.