Ikipe ya Al Hilal yatsinze As Kigali ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona.


Wari umukino w’umunsi wa 29 wa BK Pro League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium.


Uyu mukino watangiye ku isaha ya 15:00, Al Hilal yawutangiye isatira ikipe ya As Kigali ndetse ishaka igitego hakiri kare. 


Abakinnyi ba Al Hilal n’ubwo bahererekanyaga neza mu kibuga hagati, kubona igitego byakomeye kugorana kuko ba myugariro ba As bari bayigoye cyane.


Ku munota wa 40 Al Hilal yaje gufungura amazamu ku gitego cyari gutsinzwe na Walieldin Daiyeen ndetse amakipe ajya kuruhuka Al Hilal iyoboye n’igitego 1-0 bwa As Kigali.


Mu gice cya kabiri Al Hilal n’ubundi nabwo yaje yakaniye ariko As Kigali nayo ikanyuzamu igakora udutero shuma n’ubwo ntacyo twatangaga. 


Ku munota wa 73, As Kigali yabonye amahirwe n’igitego ku mupira Gédeon Bendeka yasigaranye n’umunyezamu Sufyan Farid wa Al Hilal ariko ashose mu izamu ashyiraho akaboko ukupira ujya hanze.


Nyuma y’iminota 5 gusa ku munota wa 80, Al Hilal yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Salaheldin Adil wari winjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 65.


Iminota 90 yarangiye nta mpinduka zibaye ndetse umukino urangira ari ibitego 2 bya Al Hilal ku busa bwa As Kigali. 


Al Hilal yagumye ku mwanya wa mbere n’amanota 64, mu gihe As Kigali iri ku mwanya wa 14 n’amanota 29.