Ikipe ya Al Hilal SC yamaze kwegukana igikombe cya BK Pro League 2025-2026 yanganyije na Al Merrikh SC igitego 1-1 mu mukino w'ikirarane cy'umunsi wa 25 wa BK Pro League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium, isoza umwaka w'imikino itabashije gutsinda mucyeba wayo w'ibihe byose. 

‎Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi, watangiye Saa Moya z'ijoro utangirana ishyaka ku makipe yombi ariko Al Merrikh SC itanga Al Hilal SC kwinjira mu mukino, aho yasatiraga inahererekanya neza cyane. Ku rundi ruhande ariko Al Hilal SC nayo yageze aho yibona mu mukino hagati mu gice cya mbere, ku mpande zombi hakaremwa uburyo imbere y'izamu ariko abanyezamu na ba myugariro bakabyitwaramo neza, byatumye amakipe yombi ajya kuruhuka ari 0-0. 

‎‎

Kunganya uyu mukino, byatumye ikipe ya Al Hilal SC igira amanota 74 mu mikino 33 ya ya BK Pro League imaze gukina aho iri mwanya wa mbere idashobora kuvaho kuko yanatwaye igikombe cya shampiyona mu gihe Al Merrikh SC iri ku mwanya wa gatatu n'amanota 59 mu mikino 32 imaze gukina.

‎Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa Al Merrikh SC, zituma igarukana imbaraga zidasazwe maze ku munota wa 54 botsa igitutu izamu rya Mohamed Mustafa wa Al Hilal SC ndetse bituma kapiteni wayo Mohamed Gbane akorerwa ikosa mu rubuga rw'amahina umusifuzi yavuze ko ari penaliti yatewe neza n'uyu mugabo ubwe maze afasha Al Merrikh SC gufungura amazamu atsinda igitego cya mbere.

‎Nyuma yo gutsinda igitego Al Merrikh SC yakomeje gusatira ari nako ihusha uburyo bumwe na bumwe bwari bwabazwe. Al Hilal SC nayo yagerageje gusatira ishaka kwishyura igitego ariko ikomwa mu nkokora n'ikarita y'umutuku yahawe Alam Mohamed Ali nyuma yo kwica uburyo bwo gusatira bwa Al Merrikh SC ku munota wa 73.

‎Iyi karita ntiyaciye intege abasore b'umutoza wa Al Hilal SC ariko, kuko ku munota wa 85 bishyuye iki igitego, nyuma y'umupira nuremure kapiteni Faris Abdallah yahinduriye hagti mu kibuga awunyujije mu kirere, umunyezamu wa Al Merrikh SC agasigana na ba myugariro be byatumye Mozamil Mohamed awushyira mu izamu, maze umukino urangira amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya 1-1. 

Muri uyu mukino, umunyezamu wa Al Merrikh SC Mustafa Mohamed wafashije iyi kipe akuramo uburyo butandukanye bwari kuvamo ibitego bya Al Merrikh SC niwe wahembwe nk'umukinnyi mwiza w'umukino.