Kigali, Rwanda
UPDATES
Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00   •   Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00
Al Merreikh yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Police FC

Al Merreikh yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Police FC

Igitego kimwe Al Merrikh SC yatsinze Police FC mu mukino w'umunsi wa 23, cyayifashije kwegukana amanota gatatu no gufata umwanya wa kabiri ku rutonde rwa Shampiyona. 


Wari umukino usoza imikino y'umunsi wa 23 wa Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w'imikino wa 2025-26 aho Police FC ya 5 ku rutonde n'amanota 37 yari yakiriye Al Merrikh SC ya gatatu n'amanota 41.


Byiringiro Lague yari yagarutse muri 11 ba Police FC umutoza Ben Moussa yari yabanje mu kibuga, ikaba itari ifite kapiteni Nsabimana Eric Zidane. 


Mbere y'uyu mukino, ikipe ya Al Merrikh SC yari ifite icyapa kiriho uwahoze ari rutahizamu wayo ukomoka muri Nigeria, Endurance Idahor hari mu rwego rwo kumwibuka kuko amaze imyaka 16 yitabye Imana aho yapfuye tariki ya 6 Werurwe 2010.


Ku munota wa karindwi w'umukino, Al Merrikh SC iba yabonye igitego ku ishoti Dauda Ba yateye ariko myugariro Issa Yakubu akitambika akawukuramo.




Mu minota 10 ya mbere Police FC yari itarinjira mu mukino neza, ahubwo yarangwaga no gukora amakosa menshi. 


Umukino warimo ukinirwa mu kibuga hagati cyane, kuba ikipe yarema uburyo bw'ibitego bibanza kugorana aho nka Police FC yacungiraga ku mipira miremire ariko ubwugarizi bwa Al Merreikh bwari buhagaze bwuma, indi mipira abakinnyi ba Police bakisanga baraririye.


Police FC yabonye amahirwe ya mbere ku munota wa 24 ku mupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Udahemuka Jean de Dieu ariko Issa Yakubu ashyizeho umutwe unyura hejuru y'izamu. 


Ku munota wa 28, Obino Chisala yagerageje ishoti yatereye inyuma y'urubuga rw'amahina ariko umupira unyura hejuru y'izamu ryari ririnzwe na Niyongira Patience.


Aya mahirwe yakurikiwe n'andi yo ku munota wa 31 kuri kufura yatewe na Obino ariko umupira ukanyura hejuru gato y'izamu rya Police FC. 


Police FC yabonye amahirwe akomeye ku munota wa 37 ku mupira Kwitonda Alain yacomekeye Byiringiro Lague akinjira mu rubuga rw'amahina agacenga umunyezamu agahita awuha Ekeson Okorie yajya gutera akawuhusga ariko ugasanga Kwitonda Alain ahagaze neza yawutera mu izamu ugakurwamo n'ubwugarizi.


Police FC yongeye kubona andi mahirwe ku munota wa 43 wacomekewe Udahemuka Jean de Dieu akinjira mu rubuga rw'amahina ariko yatera mu izamu, umunyezamu Ladji Brahima Sanou akawukuramo, wavuyemo koruneri itagize icyo itanga. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa. 


Bitandukanye n'igice cya mbere, icya kabiri cyatangiye umukino urimo wihuta, umupira uva ku izamu rimwe ugera ku rindi, buri kipe yashakaga igitego. 


Byiringiro Lague ku munota wa 53 yahushije uburyo bw'igitego bwabazwe ku mupira yari ahinduriwe na Kwitonda Alain ariko yawutera ukanyura hanze y'izamu. 




Al Merreikh yakoze impinduka za mbere ku munota wa 60, Chikumbutso Salima na Aboubacar Bachir Bangoura bahaye umwanya Mujtaba Faisal Ishag na Mohamed Gnane.


Police FC wabonaga iri mu mukino neza, yongeye guhusha andi mahirwe ku munota wa 65 ku mupira wahinduwe na Kilongozi ariko hakabura ushyira mu izamu.


Ku munota wa 68, Police FC yatakaje umupira mu kibuga hagati ufatwa na Obino Chisala agerageza ishoti rikomeye ariko umupira unyura hanze gato y'izamu.


Police FC ikaba yakoze impinduka za mbere ku munota wa 73 aho Ani Elijah yinjiye mu kibuga asimbura Kwitonda Alain. 


Police FC yarimo ishaka igitego yongeye guhusha ubundi buryo ku munota wa 79 ku mupira wahinduwe imbere y'izamu na Udahemuka ariko Ani Elijah akaninirwa gushyira mu izamu.


Al Merreikh yatsinze yabonye igitego cya mbere ku munota wa 80 cyatsinzwe na Mohamed Gnane ku mupira wari uhinduwe na Ahmed Yousif.




Al Merreikh yahise ikora impinduka Mutaz Hashim asimbura Fenohasina Gilles Razafimaro. Ni nako Musab Mohammed Makeen yaje gusimbura Rijaniaina Nicolas.


Ku munota wa 85, Police FC yakoze impinduka 2, David Chimezi na Udahemuka Jean de Dieu bavuye mu kibuga hinjiramo Rudasingwa Prince na Ishimwe Christian. 


Police FC yashatse uko yishyura iki gitego biranga umukino urangira ari 1-0. 


Al Hilal niyo iyoboye urutonde rwa Shampiyona n'amanota 45, Al Merreikh yahise ifata uwa kabiri n'amanota 44, APR FC 43, Rayon Sports 38, Police FC 37.


Indi mikino y'umunsi wa 23 uko yagenze


Al Hilal 5-0 Gicumbi FC 

Gasogi United 0-0 Rutsiro FC 

Musanze 0-1 Mukura VS 

Bugesera FC 2-1 Kiyovu Sports 

Marines FC 2-2 APR FC 

AS Kigali 2-2 AS Muhanga 

Amagaju FC 2-1 Gorilla FC 

Etincelles FC 1-1 Rayon Sports

Related News