Kigali, Rwanda
UPDATES
Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00   •   Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00
AS Muhanga yatsinze Mukura VS mu mukino w'ishiraniro

AS Muhanga yatsinze Mukura VS mu mukino w'ishiraniro

Mu mukino w'umunsi wa 24 wahuje AS Muhanga na Mukura Victory Sport wabereye kuri Stade y'Akarere ka Muhanga warangiye abashyitsi bazimaniwe ibitego 2-1 mu mukino w'ishiraniro amakipe yo mu Ntara y'amajyepfo.


Ni umukino watangiye saa 15:00 unatangizwa n'ikipe ya Mukuru Victory Sport yanatangiye ishaka igitego biciye ku bakinnyi bo hagati.


Ku munota wa karindwi ushyira uwa munani, Mukura VS yabonye amahirwe ariko iyapfusha ubusa maze AS Muhanga yahise itwara umupira Tuyihimbaze Gilbert awuhereza neza Twizerimana Onesme atsinda neza igitego cya mbere.


Ku munota wa 45 w'igice cya mbere Umusifuzi wa kane Ugirashebuja Ibrahim yaje kongeraho iminota ibiri itagize icyo ihindura ku migendekere y'umukino.









Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka kuri Mukura VS hasohoka Fred Niyonizeye,Tresor Kwizera na Zuberi Hakizimana hinjira Mensah Boateng Agyenim, Pimpong Samuel, Serieux Munyamahoro batangira gukinana neza.


Nyuma yo kuza mu kibuga asimbuye Nisingizwe Christian, Mensah Buateng Agyenim ku munota wa72 yatsinze igitego ku mupira wari uvuye muri koruneri abakinnyi ba AS Muhanga bananirwa gukiza izamu atsinda igitego cyo kwishyura.


Ku munota wa 79 Jeremie Basilua wa AS Muhanga yazamukanye umupira awuhereza Mugiraneza Jean Claude ahita atsinda igitego akosora amakosa yari amaze gukorwa na Twizerimana Onesme wari umaze gutera umupira hanze y'izamu.





Ku munota wa 90 umuzamu wa AS Muhanga Hategekimana Bonheur yaje gufata umupira arawurekura umusifuzi wo ku ruhande yerekana ko yakoze ikosa batanga kufura mu rubuga rw'amahina ariko Mukura VS ntiyayikoresha nk'amahirwe ya nyuma bari babonye mu minota yagenwe.


Umukino wongeweho iminota itanu itagize icyo ihindura maze urangira AS Muhanga yari iri mu rugo iwutsinze ku bitego 2-1 cya Mukura VS.

Related News