Al Hilal SC yakomeje gushimangira umwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda 'BK Pro League,' nyuma yo gutsinda Musanze FC ibitego bibiri ku busa.
Wari umukino w'umunsi wa 28 wa BK Pro League 2025-2026 aho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026 Al Hilal SC yari yakiriye Musanze FC kuri Kigali Pelé Stadium.
Ni umukino ikipe ya Musanze FC yakinaga ubona urimo yugarira cyane, yirinda kuba yatsindwa igitego.
Mu gice cya mbere Al Hilal SC yashyize igitutu cyinshi kuri Musanze FC ishaka igitego ariko amahirwe yaremye atandukanye m ubwugarizi bwa Musanze FC bubyitwaramo neza.


Amahirwe akomeye yabonetse muri iki gice cya mbere ni ayo ku munota wa 32 ubwo umunyezamu wa Musanze FC yakuragamo umupira ukomeye wa Ahmed Salem. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.
Al Hilal SC yagarutse mu gice cya kabiri ishaka igitego ku kabi n'akeza ariko na Musanze FC yakomeje kugarira igacungira ku mipira miremire wabonaga ari yo gahunda y'umutoza Ruremesha Emmanuel.
Muri uku gucingira ku mipira miremire byatumye igenda inabona amahirwe atandukanye ariko akomeye ni ayo ku munota wa 71 ya Tuyisenge Pacifique wateye ishoti rikomeye ariko umunyezamu wa Al Hilal SC, Farid awukuramo.
Iminota itatu gusa, hagati y'umunota wa 86 na 89 ni yo yabaye inzozi mbi kuri Musanze kuko ni bwo akagozi kacitse.
Rutahizamu w'Umunya-Nigeria, Sunday Adetunji winjiye mu kibuga asimbura Mohamed Abdelrahman yafunguye amazamu ku munota wa 86 ashyiramo n'icya kabiri ku munota wa 89. Umukino warangiye ari 2-0.



Al Hilal SC ikaba yakomeje kuyobora urutonde rw'agateganyo rwa BK Pro League n'amanota 61, APR FC ya kabiri ifite 55.
Gahunda y'umunsi wa 28
Ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata 2026
AS Kigali 0-0 Gasogi United
Gicumbi FC 2-0 Rutsiro FC
Ku wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026
Mukura VS 0-3 APR FC
Al Hilal SC 2-0 Musanze FC
AS Muhanga 1-2 Gorilla FC
Police FC 2-0 Marines FC
Ku Cyumweru tariki ya 26 Mata 2026
Al Merrikh SC vs Bugesera FC
Amagaju FC vs Rayon Sports
Etincelles FC vs Kiyovu Sports