Ikipe ya Al Merriekh SC yanganyije na Gasogi United 1-1 mu mukino ufungura iy’umunsi wa 22 ya Rwanda Premier League, wabeyere kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026.
Uyu mukino watangiye Saa Sita n'Igice, watangiranye imbaraga, ubona ikipe ya Al Merriekh SC isatira cyane ishaka uko yabona igitego hakiri kare, ariko ubwugarizi bwa Kazindu Bahati na Iracyadukunda Axel buhagarara neza.
Nyuma yo kumara umwanya imbere y'izamu rya Gasogi United, ku munota wa 20 ikipe yo muri Sudani yafunguye amazamu ku gitego cyatsizwe na Rijaniaina Nicolas, maze Al Merriekh SC iyobora umukino.
Gasogi United imaze gutsindwa igitego yagerageje gukanguka ariko ukabona Al Merriekh SC iriheju, ku munota wa 32 Gilles Razafimaro yazamukanye umupira, abakinnyi ba Gasogi bamutereka hasi. Ku munota wa 42 Obino Chisala yageregaje ishoti rikomeye maze umunyezamu wa Gasogi United awushyira muri koroneri yatewe na
Mu minota y'inyongera Gasogi United yagerageje uburyo bukomeye imbere y'izamu rya Al Merriekh SC, nyuma y'umutwe ukomeye watewe na Iradukunda Axel ariko umunyezamu Ladji Brahima Sanou umupira awushyira muri koroneri, yatewe na Ndikumana Danny, ariko urarenga, maze igice cya mbere kirangira ari igitego kimwe cya Al Merriekh SC ku busa bwa Gasogi United.
Abatoza ku mpande zombi batangiye igice cya kabiri nta mpinduka bakoze kuri 11 babanjemo. Ku munota wa 49 Muderi Akbar kapiteni wa Gasogi United yazamukanye umupira anyuze ku ruhande rw'iburyo akase umupira imbere y'izamu asakisha Ndikumana Ndikumana ariko Janard Mbemba awushyira muri koruneri, yatewe na Hakim Hamiss umupira urarenga.
Ku munota wa 53 iyi kipe yambara umutuku n'umuhondo yagerageje uburyo bukomeye ku mupira watewe na Gilles Razafimaro ariko umunyezamu Cuzuzo Aime aratabara. Umutoza wa Lukura Charles yakoze impinduka akuramo rutahizamu Doglas Ochoko yinjizamo Niyigena Ebenezeri.
Nyuma y'izi mpinduka, ku munota 59 Gasogi United yafunguye amazamu ku mupira abakinnyi ba Al Merriekh SC imberbe y'izamu maze Ngono Guy Herve Eloundou arawuzamukana, awupasa Niyigena Ebenezeri ntiyazuyaza ahita atereka umupira mu izamu umunyezamu Ladji Brahima Sanou ntiyamenya aho unyuze.
Umutoza Darko amaze gutsindwa igitego yakoze impinduka Gilles Razafimaro asohoka mu kibuga hinjiramo Mujtaba Faisal Ishag, nyuma gato akora indi mpinduka Rijaniaina Nicolas watsinze igitego arasohoka hinjira Mohamed Yahya ariko igitego gikomeza kubura.
Nyuma yo kunganya uyu mukino ikipe ya Al Merriekh SC yahagaritse imikino ibiri yari imaze itsinda iguma ku mwanya wa kabiri n'amanota 41, Gasogi united ifata umwanya wa 10 n'amanota 25.