Kigali, Rwanda
UPDATES
Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00   •   Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00
Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC

Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC

Ikipe ya AlHilal SC yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0, isigara irushwa inota rimwe na APR FC. 


Wari umukino w’ikirarane cy’umunsi wa 18 wa Rwanda Premier League utarabereye igihe kuko Al Hilal SC yari mu mikino ya CAF Champions League. 


Uyu mukino Bugesera FC yari yakiriye, watangiye hari kugwa utujojoba gusa tutatinze amakipe akina nta nkomyi.


Ku munota wa mbere gusa, Al Hilal SC yabonye uburyo bw’igitego ku ishoti ryatewe na Youssouf Kabore, ariko umunyezamu Ibrahima Baleri wa Bugesera FC awukuramo. 




Al Hilal SC yatangiye umukino ishaka igitego hakiri kare ndetse yiharira umukino ku buryo bugaragara. 


Ku munota wa 25 Al Hilal SC yabonye igitego cyatsinzwe na Yasser Awad Boshara wari uhawe umupira na Youssouf Kabore ubundi acunga umunyezamu uko ahagaze atera mu nguni atarimo umupira uruhukira mu izamu. 


Igice cya mbere cyarangiye ari igitego kimwe cya Al Hilal ku busa bwa Bugesera FC. 


Mu gice cya kabiri, Al Hilal SC yahise ibona igitego ku munota wa 46, cyatsinzwe na Youssouf Kabore.

Bugesera FC yagerageje gukora impinduka ngo irebe ko yabona igitego ariko biraga. 


Ku munota wa 65, Clement John yavuye mu kibuga hinjira Rugangazi Prosper, ndetse nyuma y’iminota itandatu, Bugesera FC yongeye ikora impinduka, Akpeseri Naibe ava mu kibuga hijira Nshimirimana Darcy. 




Iminota 90 y’umukino yarangiye ari ubusa ku busa, ndetse umusifuzi yongeraho iminota 4 nayo ishira nta mpinduka zibaye umukino urangira Al Hilal SC itsinze Bugesera FC ibitego 2-0. 


Al Hilal SC yahise ifata umwanya wa kabiri n’amanota 48 irushwa inota rimwe na APR FC iyoboye urutonde rwa Shampiyona. 

Related News