Marine FC yo mu Karere ka Rubavu yari iri murugo yatsinze Kigali FC ibitego 2-0, yicara ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa BK Pro League 2026/2027.


Muri uyu mukino wabereye kuri Sitade Umuganda, kuri iki cyumweru tariki 06 Nzeri 2026.


Uyu mukino watangiye saa Cyanda, amakipe yombi yatangiye akinira mu kibuga hagati, ariko ku munota wa gatandatu, Bizimana Yannick wa Marine FC afungura amazamu, nyuma y'uburangare bw'abakina bugarira ba Kigali FC babemereye guhererekanya umupira mu rubuga rw'amahina, ateye umupira uruhukira mu izamu.


Amakipe yakomeje gukinira mu kibuga hagati ariko agenda yigana uburyo bw'imikinire, maze ku munota wa 32 Kigali FC izamukana umupira mu buryo bwashoboraga kubyara igitego bawutera hanze y'izamu.


Ku munota wa 42 nabwo Kigali FC yazamukanye umupira ariko kuwushyira mu rushundura birananirana, ubwo Jeremie Basiluwa Makola yananirwaga gutera mu izamu umunyezamu Ishimwe Jean Pierre yasohotse.


Iminota 40 y'igice cya mbere cy'umukino yarangiye nta zindi mpinduka, maze umusifuzi wa kane Ugirashebuja Ibrahim yongereyeho iminota ibiri y'inyongera ari nabwo Niyibizi Ramadhan wa Marine FC bamucomekeraga umupira uvuye mu kibuga hagati asiga abakinnyi bugarira ba Kigali FC aterekamo igitego biba 2-0.

Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga ku mpande zombi ndetse amakipe yombi akagerageza uburyo bwavamo igitego ariko ntibugire icyo bubyara.


Marine FC ku munota wa 62 yongereye imbaraga ubusatirizi yinjiza mu kibuga Naman Keita asimbuye Bizimana Yannick.


Ku munota wa 65 Kigali FC nayo yakoze impinduka Uwidubaye Aboubakar na Tuyisenge Arsene binjira mu kibuga basimbuye Habimana Yves na Jeremie Baziluwa Makola.


Marine FC yakomeje kotsa igitutu mukeba Kigali FC, nk'aho ku munota wa 68 yazamukanye umupira itera umupira uremereye umunyezamu aratabara.


Ku munota wa 74 nabwo Marine FC yakoze impinduka mu gukomeza ubusatirizi bwayo yinjiza mu kibuga Sindi Paul Jesus asimbura Niyibizi Ramadhan.


Ku munota wa 76 Sindi Paul Jesus umupira wa mbere yakoze yawirukankanye ariko ageze mu rubuga rw'amahina rwa mukeba umuzamu aratabara.


Ku munota wa 87 Marine FC yakoze impinduka yinjiza mu kibuga Iradukunda Akram na Ishimwe Kevin basimbuye Usabimana Olivier na Sibomana Sultan Bobo, batagize impinduka bakora mu byavuye mu mukino, ari nako iminota 90 yarangiye ari ibitego bya Marine FC 2-0 Kigali FC.


Umusifuzi wa kane yongeraho iminota itandatu y'inyongera itagize icyo ihindura ku byavuye mu mukino.


Niyibizi Ramadhan wa Marine FC ni we watowe nk’uwahize abanda muri uyu mukino.

Marine FC yakinaga umukino wayo wa mbere mu mwaka w'imikino 2026/27 wa BK Pro League ifite amanota atatu, ikaba izigamye ibitego bibiri, aho izakurikizaho kwakira Al Hilal SC, tariki 28 Ukwakira 2026.


Ni mu gihe Kigali FC nyuma yo gutsindwa yaraye ku mwanya wa 18 ari nawo wa nyuma n'umwenda w'ibitego bibiri, mu gihe izakurikizaho kwakirwa na Etoile de l'Est, tariki 12 Nzeri 2026.