Umunsi wa kabiri wa BK Pro League 2026/2027 uteganyijwe tariki ya 11 na 12 Nzeri 2026, aho amakipe azongera gushaka amanota atatu mu mikino itandatu izakinwa ku bibuga bitandatu bitandukanye.


Ku wa Gatanu, tariki ya 11 Nzeri 2026, Musanze FC vs Kiyovu Sports kuri Stade Ubworoherane, saa 15:00.

 

Ni umukino Musanze FC igiye gufunguriraho BK Pro League y’uyu mwaka nyuma y’uko itakinnye umunsi wa mbere kubera ko APR FC bari guhura yatsinzwe na Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igitego 1-0 muri CAF Champions League.


Musanze FC yasaruye amanota 25 mu rugo muri 43 yabonye muri Shampiyona y’umwaka ushize w’imikino, ihanzwe amaso n’abafana bayo uko izitwara kuri Stade Ubworoherane mu busanzwe iguriraho ibihe byiza.


Musanze FC izakira Kiyovu Sports yasoreje ku mwanya wa gatanu n’amanota 53 umwaka ushize, gusa itaratangiye neza uyu mwaka dore ko yatsinzwe na Gorilla FC igitego 1-0 kuri Kigali Pele stadium.

 

Ku wa Gatandatu, Etoile de l’Est izakira Kigali FC kuri Stade y'Akarere ka Ngoma


Etoile de l’Est itarahiriwe n’urugendo yakoze ku munsi wa mbere ubwo yasuraga Amagaju FC ikahatsindirwa ibitego 2-0, izakira Kigali FC nayo yatsinzwe na Marine FC 2-0 ku kuri Stade Umuganda ku munsi wa mbere.


Abafana ba Etoile de l’Est biteze kubona bwa mbere muri Shampiyona bamwe mu nkingi za mwamba z’iyi kipe zirimo Umunyezamu Muhawenayo Gad, Nshimiyimana Marc Govin, Ghislain Armel, Rutahizamu Iyabivuze Osee mu mwambaro w’ubururu n’umuhondo.

 Gicumbi FC izakira Amagaju FC kuri Stade y’Akarere ka Gicumbi

 

Amakipe yombi yitwaye neza ku munsi wa mbere abona intsinzi, Gicumbi FC yakoze urugendo rujya I Kigali ihatsindira intsinzi ikomeye ya 2-1 kuri Police FC izaba yakiriye umukino wa kabiri wa BK Pro League kuri Stade yayo iherutse kuvugurwa.

 

Uwa mbere wari uwo yatsinzemo Mukura VS ibitego 3-2 tariki 24 Gicurasi 2026 muri BK Pro League y’umwaka ushize.


Gorilla FC izakira Etincelles FC


Ni umukino uzabera kuri Kigali Pele Stadium saa Cyenda. Gorilla FC yatsinze Kiyovu Sports igitego 1-0 ku munsi wa mbere.


Gorilla FC izaba yakiriye Etincelles FC iheruka gutsindwa nayo ibitego 4-0 mu mukino wo kwishyura w’umunsi wa 33 w’umwa ushize.


Guhera mu 2021, Aya makipe yombi amaze guhura muri Shampiyona 11, Gorilla FC yatsinzemo inshuro esheshatu, Etincelles FC itsindamo ebyiri, banganya eshatu, mu gihe habonetsemo ibitego 32.

 

Imikino yimuwe


Nk’uko biteganywa n’amabwiriza agenga BK Pro League, iyo ikipe ifite abakinnyi barenga babiri bahamagawe mu Ikipe y’Igihugu, umukino wayo ushobora kwimurwa. Gasogi United ikaba yaratanze abakinnyi bane mu Ikipe y'Igihugu, Amavubi y'abari munsi y'imyaka 20 ndetse n'abakinnyi batatu mu Ikipe y'Igihugu y'abari munsi y'imyaka 18.


Kubera iyo mpamvu, umukino Sunrise FC yari kwakiramo Gasogi United kuri Stade y'Akarere ka Nyagatare wimuriwe ku yindi tariki izamenyeshwa.


Kuri uyu munsi wa kabiri kandi, imikino y'amakipe ari mu arushanwa Nyafurika yimuwe. Ayo makipe ni APR FC, Al Hilal SC na Al Merrikh SC ziri muri CAF Champions League na Rayon Sports iri muri CAF Conffederation Cup.

Gahunda y’Umunsi wa Kabiri


Ku wa Gatanu, tariki ya 11 Nzeri 2026


Musanze FC vs Kiyovu Sports — Stade Ubworoherane, saa 15:00


Ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Nzeri 2026


Etoile de l’Est vs AS Kigali — Stade Ngoma, saa 15:00

Gicumbi FC vs Amagaju FC — Stade Gicumbi, saa 15:00

Gorilla FC vs Etincelles FC — Kigali Pelé Stadium, saa 15:00


Imikino yimuriwe mu yandi matariki


Ku wa Kabiri, tariki ya 27 Ukwakira 2026


Bugesera FC vs APR FC — Stade Bugesera, saa 15:00


Ku wa Gatatu, tariki ya 28 Ukwakira 2026, saa 15:00


Police FC vs Al Merrikh SC — Kigali Pelé Stadium, ku wa Gatatu, 15:00

Marine FC vs Al Hilal SC — Stade Umuganda, ku wa Gatatu, 15:00

Rayon Sports vs Mukura VS&L — Kigali Pelé Stadium, saa 18:30


Sunrise FC vs Gasogi United, Stade Nyagatare, itariki izatangazwa.