Ikipe ya Rayon Sports yatangiye BK Pro League 2026/27 inganya na Sunrise FC igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa Gatatu.


Uyu mukino wabereye ku matara ya Kigali Pelé Stadium guhera Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba zo kuri uyu wa Kane, tariki 17 Nzeri 2026.


Wari uwa mbere kuri Rayon Sports itarakiniye igihe imikino ibiri banza kubera ko ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup.


Ntibyasabye umwanya munini i Nyamirambo kuko ku munota wa munani, Sunrise FC yatsinze igitego cyinjijwe na Nzeyimana Jean Petit ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu wa Rayon Sports, Dande Junior, ntiyamenya aho umupira uciye.

Byasabye gutegereza umunota wa 28, Rayon Sports yishyura icyo gitego itsindiwe na Junior Kameni Herman ku mupira mwiza wazamukanwe na Tambwe Gloire.


Ku munota wa 34, ikipe ya Rayon Sports yongeye guhusha uburyo bukomeye ku mupira mwiza wazamukanwe na Issa Djiguiba, aha neza Junior Kameni, ariko uyu Munya-Cameroun ashyizeho umutwe ujya hejuru y’izamu.


Ni uburyo bwabonetse mbere y’uko Atisso Kodjo ahusha ubundi bukomeye ku mupira yakiriye ku munota wa 39 akawutera ku ruhande rw’izamu. 


Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yakomeje gukinira hagati mu kibuga, uburyo bugana mu izamu buragabanuka ugereranyije n’uko byari bimeze mu gice cya mbere.

Umunyezamu Mfashingabo Didier yabaye ibamba mu minota ya nyuma, akuramo umupira wa Junior Kameni n’undi wahinduwe na Iradukunda Elie Tatou, umukino urangira amakipe yombi anganyije igitego 1-1.


Ku ruhande rwa Sunrise FC, ryabaye inota rya kabiri ibonye muri BK Pro League 2026/27 nyuma yo kunganya na Etincelles FC mu mukino yaherukaga gukina.


Ku Munsi wa Kane uzakinwa mu kwezi gutaha, nyuma y’akaruhuko k’imikino y’amakipe y’ibihugu, Rayon Sports izakirwa na Gorilla FC mu gihe Sunrise FC izakina na Police FC.